Ubumenyi busangiwe bugira agaciro,inkuru nyinshi z'uru rubuga ziba zaraciye k'umuseke.com

Ubumenyi busangiwe bugira agaciro,inkuru nyinshi z'uru rubuga ziba zaraciye k'umuseke.com

vendredi 23 mars 2012

Agahimbazamusyi k'abaganga ntikavuyeho, haranozwa uko katangwaga -Binagwaho


Agahimbazamusyi k\
 
 
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ejo ku wa kane tariki ya 22 Werurwe, Minisitri w’Ubuzima Dr Binagwaho yasobanuye ko  hagamijwe guca ubusumbane n’akajagari mu itangwa ry’agahimbazamusyi, hari komite y’abaganga batowe mu mavuriro yose yo mu gihugu, bafatanyije n’abaforomo ndetse n’uhagarariye za farumasi bakaba barimo kunoza gahunda nshya y’imitangire y’ako gahimbazamusyi ku buryo bungana.
Minisitri Binagwaho yongeye kuvuga ko agahimbazamusyi k’abaganga katavanyweho nk’uko byakomeje kuvugwa hirya no hino mu gihugu,  ahubwo ko hanozwa uburyo katangwa neza kandi bigatangirana n’uku kwezi. Kuri iyi ngingo avuga ko   hashyizweho komite y’abaganga barimo kwiga uburyo  ako gahimbazamusyi kagiye kujya gatangwa  bijyanye na serivisi zitangwa kwa muganga n’uburyo abaganga buzuza ibyo basabwa n’abarwayi babagana. Iyi gahunda  ya PBF n’ubwo yari isanzweho ku bakozi bakora mu buvuzi, Minisitri w’ubuzima avuga ko uburyo amafranga yatangwaga bitari bijyanye n’igihe, kuko yatangijwe mu mwaka wa 2007. Dr Binagwaho agira ati: “ Uhereye mu mwaka wa 2007 ubwo PBF yatangizwazaga hari byinshi byahindutse, umubare w’abarwayi wariyongereye kubera mituweli,  serivisi zitangirwa kwa muganga nazo  zariyongereye kimwe  n’abakozi, kuva ku  baganga abaforomo n’abandi bakora mu buvuzi”.
Gushyira amavuriro mu  byiciro nka kimwe mu bizagenderwaho
Nk’uko Minisitri Binagwaho abisobanura,  hagamijwe guca agasumbane mu itangwa  ry’agahimmazamusyi, amavuriro yo mu Rwanda hashyizwe muri zone 4 (bitewe n’aho ari n’ibibazo afite). Zone ya mbere ikaba igizwe n’amavuriro ari  ahantu habi, hatagendeka, bigoye gukorera. Iyi zone igizwe n’ ibitaro by’i Gakoma, Kaduha, Mugonero, Munini, Murunda, Ngarama, Ruli na Shyira. Zone ya kabiri yo igizwe n’ibitaro bisa nk’ibiri mu bwigunge bidakabije,   gusa  nabyo bifite ikibazo cyo kuba bitegereye neza umuhanda mwiza. Harimo  nk’ ibitaro by’i  Bushenge, Butaro, Gahini, Gitwe, Kabaya, Kibirizi, Kibogora, Kirehe, Kirinda, Kiziguro, Muhororo, Nemba, Remera-Rukoma na  Rutongo. Indi zone igizwe n’ibitaro bw’ibyahoze ari amaperefegitura. Bigizwe n’Ibitaro by’I Byumba, Gihundwe, Gisenyi, Kabgayi, Kabutare, Kibungo, Kibuye, Kigeme na Nyagatare. Ikindi cyiciro gisigaye kirimo ibitaro biri mu mijyi bigaragara  ko gutezwa imbere byakoroha, bitewe n’uko biri mu mujyi byoroshye kuhagera. Harimo ibitaro by’I Kibagabaga, Muhima, Nyamata, Nyanza, Ruhengeri, Rwamagana, na Rwinkwavu.
Nk’uko bisobanurwa na Dr Kanyankore William, umwe mu baganga bari muri komite yatowe n ngo banonosore neza ibijyanye n’agahimbazamusyi k’abakora mu buvuzi,  bitarenze mu mpera z’iki cyumweru nibwo hazatangwa ibyemejwe n’abo baganga bahagarariye zone zose twavuze haruguru. Minisitri Binagwaho avuga ko byari bimaze kugaragara ko hari amavuriro   yakiraga abarwayi benshi, abakozi bakora cyane,  nyamara ntabe ariyo abona amafranga menshi mu gahimbazamusyi. Ikindi akaba ari amavuriro yo mu cyaro atakundaga kwitabirwa n’abakozi, abenshi bifuzaga kwigira mu mujyi. Ikindi kigenderwaho mu itegurwa rishya ry’agahimbazamusyi  nk’uko bisobanurwa ni imiterere y’ivuriro, ibibazo rifite, n’aho riherereye bivuze ko nta busumbane buzongera kugaragara. Minisitri Binagwaho avuga ko muri rusange abaganga n’abandi bakora mu buvuzi bose bitanga kandi umusaruro wabo ari mwiza ariyo mpamvu hategurwa icyabazanira inyungu bose, ntawe usumbije abandi bari ku rwego rumwe. Nibura mu bitaro byose byo mu gihugu hari abaganga 7 intego akaba ri ukugeza ku baganga nibura 14 kandi akabona umushahara we neza. Kugeza ubu amafranga macye umuganga atahana iwe ubariyemo n’agahimbazamusyi n’andi mafranga ahabwa ni 350.000 ku kwezi. Minisitri w’ubuzima akaba avuga ko atari macye ugereranyije n’ubukungu bw’igihugu ndetse n’imishahara y’abandi bakozi mu Rwanda.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire