Si byiza kubyara uri muto cyane, kandi na none si
byiza ku byara ukuze. Aha umuntu ashobora kwibwira ko bireba abagore
gusa, nyamara kandi n’abagabo birabareba. Kenshi bavuga ko umugabo
adasaza, ariko mu bushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko iyo umugabo
abyaye akuze bishobora kugira ingaruka ku mwana.
Muri make tugiye kwibanda ku ngaruka zo kubyara ukuze cyangwa uri muto haba ku mugore ndetse n’umugabo.
Muri rusange imyaka myiza yo ku byara ku mugore iri hagati y’imyaka 21 na 35.
Kubyara uri muto ku mugore
ingaruka
Umugore utwite ataragera ku myaka 20 aba afite ibyago byinshi byo guhura n’ibi bibazo :
Kubyara uri mukuru ku mugore
Ingaruka
Umugore utwite arengeje imyaka 35 aba afite ibyago byinshi byo guhura n’ibi bibazo:
Iyo urebye izo ngaruka ziba ku mugore urengeje imyaka 35 ,imwe mu nzira nziza yo kuzirinda ni ukubyara mbere y’icyo gihe, byakwanga ugatwita ukabonana na muganga hari ibizamini bikorerwa umubyeyi bishobora kuvumbura niba umwana umubyeyi atwite nta busembwa (aba babyeyi bakunda kubyara abana bafite ubusembwa).
kubyara ukuze ku mugabo
Ingaruka
Umugabo ubyaye umwana arengeje imyaka 40 aba afite ibyago byinshi byo guhura n’ibi bibazo:
Muri make tugiye kwibanda ku ngaruka zo kubyara ukuze cyangwa uri muto haba ku mugore ndetse n’umugabo.
Muri rusange imyaka myiza yo ku byara ku mugore iri hagati y’imyaka 21 na 35.
Kubyara uri muto ku mugore
ingaruka
Umugore utwite ataragera ku myaka 20 aba afite ibyago byinshi byo guhura n’ibi bibazo :
- Ku byara umwana utagejeje igihe
- Ku byara umwana ufite ibiro bike
- Kugira ingorane igihe abyara nko kuba yava amaraso menshi bishobora no kumuviramo gupfa.
- Kubyara umwana upfuye
- Indwara yo kujojoba(obstetric fistula)
- Umuvuduko w’amaraso uzamuka, ushobora no gukurikirwa no kugagara(eclampsia)
- Indwara z’imirire mibi (malnutrition)
- Kwigunga,gutinya abo bari mu kigero kimwe n’ibindi
- Gutangira imibonano mpuzabitsina ukiri muto
- Ibiyobyabwenge(inzoga n’amatabi)
- Kubura uburyo bufasha mu kwirinda inda zitateguwe
- Gufatwa ku ngufu
- Ubukene
- Iterambere mu ihererekena ry’amakuru(nka filimi z’urukozasoni,interineti…)
- Imico
Kubyara uri mukuru ku mugore
Ingaruka
Umugore utwite arengeje imyaka 35 aba afite ibyago byinshi byo guhura n’ibi bibazo:
- Ashobora kubyara umwana utameze neza haba ku bice bigize umubiri ndetse no mu bwenge.
- Umwana ashobora kuvukana ibibazo by’umutima, ibibari, n’ibindi…
- Igihe atwite ashobora guhura n’ibibazo bimwe na bimwe : Umuvuduko ukabije w’amaraso, diyabeti…..
- Akenshi akunze kubyara bamubaze.
- Kutirerera umwana neza kuko nawe uba ugana izabukuru
Iyo urebye izo ngaruka ziba ku mugore urengeje imyaka 35 ,imwe mu nzira nziza yo kuzirinda ni ukubyara mbere y’icyo gihe, byakwanga ugatwita ukabonana na muganga hari ibizamini bikorerwa umubyeyi bishobora kuvumbura niba umwana umubyeyi atwite nta busembwa (aba babyeyi bakunda kubyara abana bafite ubusembwa).
kubyara ukuze ku mugabo
Ingaruka
Umugabo ubyaye umwana arengeje imyaka 40 aba afite ibyago byinshi byo guhura n’ibi bibazo:
- Umwana ufite ibibazo byo kumva
- Kutirerera umwana neza kuko nawe uba ugana izabukuru
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire