Ubumenyi busangiwe bugira agaciro,inkuru nyinshi z'uru rubuga ziba zaraciye k'umuseke.com

Ubumenyi busangiwe bugira agaciro,inkuru nyinshi z'uru rubuga ziba zaraciye k'umuseke.com

vendredi 10 février 2012

Umukobwa utinya inda akwiye gutekereza no kuri Sida


Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Mukasonga Solange (Izubarirashe)
 
Kuya 08 Gashyantare 2012, Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge Mukasonga Solange, yatangarije ikinyamakuru Izuba Rirashe ko usanga abakobwa benshi bahangayikishwa no kuba batwara inda batarubaka ingo zabo, nyamara ikibazo cya Sida ntibacyiteho, ati “umukobwa utinya gutwara inda akwiye no gutekereza kuri Sida, kandi inda zitateganijwe ni ikibazo buri wese asabwa kugira uruhare mu kugikemura, kuko kigira n’ingaruka zikomeye ku mwana uvutse atabigizemo uruhare.”
Aha hari ku Ishuri Rikuru ry’Ubuzima (KHI), ahabereye ibiganiro byahuje club y’uburinganire n’ubwuzuzanye muri KHI, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ndetse na Mission of Hope Rwanda, baganira ku kibazo cy’inda zisamwa bitateganijwe ndetse n’ingaruka z’icyo kibazo ku muryango nyarwanda.

Umuyobozi ushinzwe abakozi muri KHI, Kagemanyi Leonard akaba ari nawe wari uhagarariye ubuyobozi bwa KHI muri ibyo biganiro, yatangarije iki kinyamakuru ko muri KHI haheruka gutegurwa igikorwa cyo kwipimisha ku banyeshuri virusi itera Sida mu mwaka wa 2006, ati “ubundi bivugwa mu makalabu(club) atandukanye, abashaka kwipimisha bakabikora ku giti cyabo.”
Chantal ukuriye club y’uburinganire n’ubwuzuzanye muri KHI, we yatangarije iki kinyamakuru ko n’ubwo nta mibare igaragaza neza uko ikibazo cy’inda zitateganijwe cyifashe mu banyeshuri ba KHI, ngo ni n’ikibazo kizwi, ati “bigaragara cyane ko akenshi abakobwa b’abanyeshuri batwara inda bakarushywa nazo bo nyine, abazibateye bigaramiye.”

Rugengamanzi Fulgence, ni umunyeshuri muri KHI akaba na Visi Perezida wa club y’uburinganire n’ubwuzuzanye muri KHI, we yemeza ko ingaruka z’inda zitateganijwe zigera no ku bahungu baziteye, n’ubwo usanga abakobwa bazitwita ari bo bibasirwa cyane, ati “umuhungu wananiwe kwifata akwiye gukoresha agakingirizo aho kwikoreza imitwaro umuryango nyarwanda.”
Kagemanyi ushinzwe abakozi muri KHI, yemeza ko inda zitateganijwe mu banyeshuri, akenshi ziterwa n’imyaka ishyushye baba barimo, n’imibereho itari myiza ya bamwe mu banyeshuri b’abakobwa ituma bemera gushukwa, ati “ni ikibazo gikomeye. Umukobwa akwiye kuzirikana ko ubwiza bwe atari ubwo gushimisha abandi, ndetse abahungu nabo bakareka kwitwa imfizi z’ikigo nk’uko bijya bivugwa mu mikino.”

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire